Abari barwaye indwara y'ishaza barishimira ko bongeye kureba.

Abarenga 50 bo mu karere ka Rulindo n'abandi bo mu  tundi turere twegereye Ibitaro by' Intara bya Kinihira bahawe  Ubuvuzi bwo kubagwa ishaza n'ubundi burwayi bukenera kubagwa ijisho barishimira ko bagiye kongera kubasha gukora imirimo inyuranye nta nkomyi   no kujya aho bashaka bigenza kuko bongerewe ubushobozi bwo kureba neza.  

Ibi barabikesha  igikorwa cyo kubagwa  bakorewe binyuze mu bufatanye bw 'Ibitaro n'Ikigo Mpuzamahanga kigisha Ibijyanye  no kuvura amaso /ishami ry' u Rwanda .

Inzobere ziturutse muri iki kigo  zabaze abarwayi bagiye batoranwa bagashyirwa ku rutondo mu gihe  cy'amezi agera kuri atatu  bahabwa u buvuzi binyuze mu bwisungane mu kwivuza ndetse bitagombeye ko bakora ingendo bajya gushaka ubu buvuzi kure.

  Abenshi  mu bahawe ubu buvuzi  bemeza ko kubera kutabona  mu jishi rimwe cyangwa yose byabateraga kuba mu bwigunge  bakaba bari baratangiye kwiheba bibaza uko bazabaho. Ubuvuzi bahawe  bubongereye icyizere cyo kubaho neza.

Umurwayi ari mu isuzumiro.

 Domitile Mujawabega  avuga ko yishimiye kuba yarangiye kubona neza  ndetse n'uburyo yabazwe nta buribwe yigeze agira.

" Birihuta cyane .Nta buribwe Kandi ndahamya ko bankoreye neza .ndishimye cyane.Aba baganga Imana ibahe Umugisha."  

Ashimishijwe kandi n’uko atazongera kwirirwa yicaye yabuze icyo akora.

Ati “Mu rugo nirirwaga nicaye ku irembo, narambirwa nkajya mu rugo, nkarambirwa nkajya kuryama. Sinzarota ngeze mu rugo ngatora ibishyimbo nta nkomyi nkajya gutera ”

Inzobere ziri kubaga indwara y'ishaza.

Professor Matenge Wanjiku ,   inzobere  mu kubaga amaso akaba ari na we wari ukuriye itsinda ry'abanganga bari muri iki gikorwa  avuga ko iri bagwa rimara  hagati yimonota itanu  n'icumi  kandi bikorwa hifashishijwe ikinya ku buryo uyikorewe nta buribwe yumva . 

" Nyuma y'amasaha 12  umurwayi akurwaho igipfuko agatangira kubona akitahira."

Iki gikorwa cyo kubaga ishaza kibaye nyuma y’uko abaganga b’amaso bagiye mu bigo nderabuzima bikorana n’ibitaro bya Kinihira, bakavura amaso a, hanyuma bakaza kubona abakeneye  kubagwa ishaza.

Iki gikorwa cyakoze mu minsi ibiri   , guhera kuwa gatatu tariki 05, Ukwakira ,2022 kugezakuwa Kane  tariki 06, Ukwakira. Kikaba   Atari ubwa mbere gikozwe kuko cyatangiye  muri 2016 ndetse kikazakomeza bitewe nuko abarwayi bazagenda baza  bagahabwa gahunda yo kubagwa.